mar
29
2016

Abafite ubumuga barishimira amahugurwa bahabwa

Abafite ubumuga bo mu turere twa Karongi na Rutsiro,bavuga ko amahugurwa bagiye bagenerwa  n’urugaga rw’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu kurwanya icyorezo cya Sida no kurengera ubuzima bwiza,yabagiriye akamaro kuko bituma bamenya uko bahagaze bigatuma bamenya uko bagomba kwitwara mubuzima bwaburi munsi,abanduye nabo bagashobora kubaho batihebye bumva ko ubuzima bukomeza.

Urugaga rw’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu kurwanya icyorezo cya Sida no kurengera ubuzima bwiza,utegurira abafite ubumuga amahugurwa anyuranye cyane cyane yibanda   mu kubakangurira uko bakwirinda virus itera sida n’uburyo abagize ibyago byo kuyandura bakwitwara bakaba ho batihebye.uretse n’ibyo kandi banahabwa amahugurwa kubijyanye no kwihangira imirimo bibumbira mu ma koperative abafasha kwiteza imbere.

 Karangwa Francois Xavier ni umuhuzabikorwa w’uru rugaga ku rwego rw’igihugu ati twibanda cyane muri gahunda z’ubuzima  twirinda icyorezo cya Sida duhugura n’abaganga kugirango badufashe gupima abo bafite ubumuga mu kubapima icyorezo cya Sida

Abakangurambaga b’urungano bazwi kw’izina  rya per educateur,bakorana n’urugaga mugufasha abafite ubumuga bati aho twatangiye guhugurirwa twaramanutse dutanga ibiganiro kuri sida bati ubu abo turi kumwe bose bazi uko bahagaze kandi bigakorwa buri mezi 3 bityo bashobora kwikorera bigatuma badasabiriza

Uretse amasomo bazahabwa kubirebana n;icyorezo cya sida mu mahugurwa y’iminsi itatu bari gukorera kuri centre Ubucuti kuva kuri uyu wa mbere,bazanagezwaho amategeko arengera abantu bafite ubumuga mu Rwanda n’amasezerano mpuzamahanga k’uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga

Julie Uwiyera Radio Isangano 

Langues: 
Genre journalistique: 
Thématiques: 

Partager