juin
04
2021

U Rwanda rugiye gutangira kwifashisha imbwa mu gutahura abanduye Covid-19

U Rwanda rwashyikirijwe imbwa eshanu zifite ubushobozi bwo gutahura umuntu wanduye Covid-19, zizajya zifashishwa mu gupima iki cyorezo bigafasha mu kugabanya amasaha byatwaraga kugira ngo haboneke ibisubizo ndetse bikagabanya n’ikiguzi cyo kwipimisha.

 

Izi mbwa zashyikirijwe u Rwanda kuri uyu wa 4 Kamena 2021, zatanzwe binyuze mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’abashakashatsi bo mu Budage.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima mu Rwanda, RBC, gitangaza ko hagiye gukorwa igeregezwa ry’uyu mushinga mu gihe cy’ukwezi, nyuma hakazakorwa ibikorwa byo kwifashisha izi mbwa mu gutahura umuntu ufite Covid-19 no kumupima.

Izi mbwa eshanu u Rwanda rwahawe zavanywe mu Buholandi. Iyo ibonye umuntu wanduye Covid-19 ishobora kuguma iruhande rwe cyangwa ikicara. Kuyitoza ibi bishobora kumara iminsi iri hagati y’irindwi n’icumi.

Umushinga wo gupima Covid-19 hakoreshejwe imbwa ugiye gutangira mu igeragezwa hakoreshwa izigera kuri eshanu zikazajya zikorera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.

Imbwa zigiye kwifashishwa zifite ububasha bwo gutahura umuntu wanduye Covid-19

Hari itsinda rifatanya na Polisi y'u Rwanda guhugura no gukoresha izi mbwa

Imbwa yihumuriza ibipimo [samples] zafashwe ku muntu, ubundi zakumva harimo agakoko ka Coronavirus zigahita zicara aho hafi kugeza ababishinzwe baje

Imbwa zifashishwa mu gupima no kugenzura uwanduye Covid-19

E3DE4vAXIAUdkNe

E3DMTqsWYAcKBvU

E3DMVdbXMAICmen

E3DE4u XIAcoh3J

https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rugiye-gutangira-kwi...

Langues: 
Thématiques: 

Partager